Setingi z'ibijyanye n'ibanga

Kugira ngo uru rubuga rukore neza, dukoresha cookies n'ibindi bifitanye isano. Cookies zimwe na zimwe biba ari ngombwa ko uzemeza kugira ngo urubuga rukore neza. Ntushobora kurukoresha utazemeje. Icyakora hari cookies ushobora kwemeza cyangwa ukazihakana, kubera ko zikoreshwa gusa mu kugufasha gukoresha urubuga. Nta hantu aya makuru azagurishwa cyangwa ngo akoreshwe mu bucuruzi. Niba wifuza ibindi bisobanuro, soma Amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amakuru asigara nyuma yo gusura urubuga n’ibindi bifitanye isano. Ushobora guhindura setingi zawe ukanda ahanditse ngo #Ibanga- Setingi z'ibijyanye n'ibanga.

Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

INDIRIMBO YA 96

Igitabo cy’Imana ni ubutunzi

Igitabo cy’Imana ni ubutunzi

(Imigani 2:1)

  1. 1. Hari ‘gitabo cy’amapaji menshi,

    Giha abantu ibyiringiro.

    Ibirimo bifite imbaraga;

    Biha ubuzima abapfuye.

    Icyo gitabo cyitwa Bibiliya.

    Cyanditswe gihumetswe n’Imana.

    Cyanditswe n’abakundaga Imana,

    Bayoborwaga n’umwuka wera.

  2. 2. Banditse ukuri ku byo yaremye,

    Uko yaremye ijuru n’isi,

    Ikarema n’umuntu atunganye,

    N’ukuntu Paradizo yabuze.

    Banavuze iby’umumarayika

    Warwanyije ubutware bwayo.

    Ibyo byatumye habaho icyaha,

    Ariko Yehova azatsinda.

  3. 3. Dufite ibyishimo byinshi cyane,

    Yehova yimitse Umwana we.

    Tubwiriza ababyifuza bose

    Bakamenya ubutumwa bwiza.

    Icyo gitabo kirimo inkuru

    Zidufasha kumenya Imana,

    Kinatanga amahoro nyakuri;

    Ubutunzi burimo ni bwinshi.

(Reba nanone 2 Tim 3:16; 2 Pet 1:21.)

 

Igitabo cy’Imana ni ubutunzi