Umutwe wa 2
Kuki Yehova yateje umwuzure ukarimbura isi? Kuva abantu batangira kubaho, Satani yatangiye kurwanya Yehova. Hari bamwe bahisemo gushyigikira Satani, urugero nka Adamu, Eva n’umwana wabo Kayini. Abandi bake, urugero nka Abeli na Nowa, bo bahisemo gushyigikira Yehova. Abantu babaye babi cyane, ku buryo Yehova yarimbuye abantu bose babi bariho icyo gihe. Uyu mutwe uzadufasha kumenya ko Yehova abona ibyo duhitamo kandi ko atazemera ko ikibi gitsinda icyiza.
IBIRIMO
IGICE CYA 3
Adamu na Eva basuzuguye Imana
Kuki igiti kimwe cyo mu busitani bwa Edeni cyari cyihariye? Kuki Eva yariye imbuto zacyo?
IGICE CYA 4
Yararakaye yica umuntu
Imana yemeye ituro rya Abeli ariko ntiyishimira irya Kayini. Kayini amaze kubimenya yararakaye cyane, akora ikintu giteye ubwoba.
IGICE CYA 5
Ubwato bwa Nowa
Abamarayika bashatse abagore, babyara abana bari bafite imbaraga nyinshi cyane bari abagome. Isi yari yuzuye urugomo. Nowa we yari atandukanye na bo. Yakundaga Imana kandi akayubaha.
IGICE CYA 6
Abantu umunani bararokotse
Imvura yaguye iminsi 40 n’amajoro 40 iteza Umwuzure. Nowa n’umuryango we bamaze mu bwato umwaka urenga. Hanyuma Imana yarababwiye ngo basohoke.