Imigani 10:1-32

  • 10Umwana w’umunyabwenge ashimisha papa we (1)

  • Umunyamwete azaba umukire (4)

  • Amagambo menshi ntaburamo ibicumuro (19)

  • Umugisha Yehova atanga uzana ubukire (22)

  • Gutinya Yehova bituma umuntu abaho igihe kirekire (27)

10  Imigani ya Salomo.+ Umwana w’umunyabwenge ashimisha papa we,+Ariko umwana utagira ubwenge atera mama we agahinda.   Ubutunzi umuntu abonye abukuye mu bikorwa bibi, nta cyo bumumarira,Ariko gukiranuka kurinda umuntu urupfu.+   Yehova ntazemera ko umukiranutsi asonza,+Ariko ababi azabima ibyo bararikira.   Umunebwe azakena,+Ariko umunyamwete azaba umukire.+   Umwana ukusanya imyaka mu mpeshyi aba agaragaza ubushishozi,Ariko umwana uryamira mu gihe cyo gusarura imyaka yikoza isoni.+   Abakiranutsi bazabona imigisha,+Ariko ababi bo bavuga amagambo ahisha ubugome bwabo.   Umukiranutsi aribukwa kandi akavugwa neza,+Ariko umuntu mubi we azibagirana.+   Umunyabwenge yemera amabwiriza ahawe,+Ariko umuntu uvuga amagambo atarangwa n’ubwenge azakandagirirwa hasi.+   Umuntu w’indahemuka azagira umutekano,+Ariko umuntu w’umuhemu ibye bizajya ahagaragara.+ 10  Umuntu wicira abandi ijisho abikoranye uburyarya atera agahinda,+Kandi umuntu uvuga amagambo y’ubupfapfa azakandagirirwa hasi.+ 11  Ibyo umukiranutsi avuga bihesha ubuzima,+Ariko amagambo y’ababi ahishira urugomo.+ 12  Urwango rukurura amakimbirane,Ariko urukundo rutwikira ibyaha byose.+ 13  Umuntu ugaragaza ubushishozi avuga amagambo y’ubwenge,+Ariko umuntu utagira ubwenge azahanishwa inkoni.+ 14  Abanyabwenge baha agaciro ubumenyi,+Ariko abapfapfa bo bikururira kurimbuka.+ 15  Umukire aba abona ko ubutunzi bwe ari nk’umujyi ukomeye,Ariko abakene barimburwa n’ubukene bwabo.+ 16  Ibyo umukiranutsi akora bihesha ubuzima,Ariko ibyo umunyabyaha yunguka abikoresha akora ibyaha.+ 17  Uwemera gukosorwa atuma abandi babona ubuzima,Ariko uwanga guhanwa ayobya abandi. 18  Umuntu uhisha urwango avuga ibinyoma,+Kandi umuntu ukwirakwiza amagambo yo gusebanya ntagira ubwenge. 19  Amagambo menshi ntaburamo ibicumuro,+Ariko umuntu wifata mu byo avuga aba agaragaje ubwenge.+ 20  Ibyo umukiranutsi avuga ni nk’ifeza nziza cyane,+Ariko ibitekerezo by’umuntu mubi nta gaciro biba bifite. 21  Amagambo y’umukiranutsi afasha benshi,+Ariko abapfapfa bicwa no kubura ubwenge.+ 22  Umugisha Yehova atanga ni wo uzana ubukire,+Kandi nta mibabaro awongeraho. 23  Umuntu utagira ubwenge abona ko kwishora mu bwiyandarike ari nk’umukino,Ariko ubwenge bufitwe n’abagira ubushishozi.+ 24  Icyo umuntu mubi atinya ni cyo kizamugeraho,Ariko abakiranutsi bazahabwa ibyo bifuza.+ 25  Nk’uko umuyaga mwinshi uhuha ugashira, ni ko n’umuntu mubi azavaho.+ Ariko umukiranutsi ni nka fondasiyo ikomeye izahoraho kugeza iteka.+ 26  Nk’uko divayi isharira imerera amenyo, kandi nk’uko umwotsi umerera amaso,Ni ko n’umuntu w’umunebwe amerera umukoresha we. 27  Gutinya Yehova bituma umuntu abaho igihe kirekire,+Ariko imyaka yo kubaho y’abantu babi izagabanywa.+ 28  Ibyiringiro by’abakiranutsi birabanezeza,+Ariko ibyiringiro by’ababi bizashira.+ 29  Ibyo Yehova akora ni nk’urukuta rurerure rurinda umuntu w’inyangamugayo,+Ariko bizatuma abakora ibibi bo barimbuka.+ 30  Umukiranutsi ntazigera agwa,+Ariko ababi bo ntibazakomeza gutura ku isi.+ 31  Umukiranutsi buri gihe avuga amagambo arimo ubwenge,Ariko umuntu uvuga ibinyoma we azacecekeshwa. 32  Ibyo umukiranutsi avuga biba bishimishije,Ariko ibyo umuntu mubi avuga biba ari bibi.

Ibisobanuro ahagana hasi