Soma ibirimo

14 MUTARAMA 2025
LETA ZUNZE UBUMWE ZA AMERIKA

Inkongi y’umuriro yashenye agace ka Pacific Palisades mu mujyi wa Los Angeles, muri leta ya Kaliforuniya muri Amerika.

Amajyepfo ya Kaliforuniya yibasiwe n’inkongi z’umuriro

Amajyepfo ya Kaliforuniya yibasiwe n’inkongi z’umuriro

Ku itariki ya 7 Mutarama 2025, inkongi z’umuriro eshatu zafashe imisozi ikikije umujyi wa Los Angeles, muri leta ya Kaliforuniya muri Amerika. Iminsi ibiri yakurikiyeho muri ako gace hatangiye izindi nkongi z’umuriro zigera kuri eshatu. a Izo nkongi z’umuriro zarushijeho kwiyongera no kugira ubukana kubera ko muri ako gace nta mvura iheruka kuhagwa kandi hakaba hari n’umuyaga mwinshi waturukaga mu butayu wari ku muvuduko w’ibirometero 160 ku isaha.

Izo nkongi z’umuriro zatwitse ahantu hangana na hegitari 16.000 zirenga. Inyubako zigera ku 12.000, harimo amazu yo kubamo n’ay’ubucuruzi zarasenyutse. Abantu barenga 130.000 bavanywe mu byabo kandi ababarirwa mu bihumbi nta mashanyarazi bafite. Amakuru yatanzwe n’abayobozi avuga ko izo nkongi z’umuriro zimaze guhitana byibura abantu bagera kuri 24.

Imibare igaragara hasi aha, ihuje n’ibyahise bitangazwa.

Ingaruka byagize ku bavandimwe na bashiki bacu

  • Nta muvandimwe cyangwa mushiki wacu wakomeretse cyangwa ngo ahitanwe n’izo nkongi

  • Ababwiriza 1.068 barahunze

  • Amazu 83 yarasenyutse

  • Amazu 3 yarangiritse bikabije

  • Amazu 12 yarangiritse bidakabije

  • Nta Nzu y’Ubwami yasenyutse cyangwa ngo yangirike

Ibikorwa by’ubutabazi

  • Abagenzuzi b’uturere n’abasaza b’amatorero yo muri ako gace barimo kugenzura imirimo yo gufasha abagizweho ingaruka n’izo nkongi kandi bakabahumuriza bakoresheje Bibiliya. Nanone kandi umwe mu bagize Komite y’Ibiro by’Ishami yakoze urugendo ajya muri ako gace, agiye guhumuriza abavandimwe na bashiki bacu

  • Amazu y’Ubwami 2 arimo gukorerwamo imirimo y’ubutabazi

  • Hashyizweho Komite Ishinzwe Ubutabazi kugira ngo ikurikirane ibikorwa by’ubutabazi

Dukomeje gusenga dusabira abavandimwe na bashiki bacu hamwe n’abandi bagizweho ingaruka n’izo nkongi z’umurimo kandi dutegerezanyije amatsiko amasezerano y’Imana avuga ko mu gihe kizaza hatazongera kubaho inkongi z’imiriro n’ibindi bintu byose byangiza bitewe n’ibiza.—Ibyahishuwe 21:4.

a Ku itariki ya 7 Mutarama 2025, ni bwo inkongi z’umuriro ziswe Eaton, Hurst na Palisades zatangiye. Ku itariki ya 8 Mutarama zakurikiwe n’izindi nkongi ebyiri ari zo Lidia na Sunset. Naho ku itariki ya 9 Mutarama hatangira iyitwa Kenneth.